Muri Jenosied bishe umukobwa barangije baramubaga bakuramo akuma kamufashgaa guhumeka baragatwara

45 Просмотры
Издатель
ISHYIRWAMUBIKORWA RYA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI KU MATARIKI 6-7-8/5/1994. Ku ma tariki ya 6;7 na 8 mu kwezi kwa Gatanu mu 1994 Umugambi wa Jenoside yakorewe abatutsi wakomeje Gushyirwa mu Bikorwa mu gihugu cyose kandi hagamijwe Gutsemba abatutsi bose kugirango hadasigara nuwo Kubara Inkuru.umugambi kwari ukubamaraho burundu .Amateka rero hari ibyo yasigaranye byaranze Iyo minsi uko ari itatu mu gihe cya Jenoside bikaba ari nabyo ngiye kugarukaho mu kiganiro cyuyu munsi kikaba nubundi kiri mu biganiro byuruhererekane bigaruka ku Itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe abatutsi.iki ni igice cya 18 kuri iyi ngingo. mu gutegura iki kiganiro nifashije Igitabo cyashyizwe hanze n’icyahoze ari Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG kitwa “RWANDA 1991-1994:ITEGURWA N’ISHYIRWA MU BIKORWA RY’UMUGAMBI WA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI MU RWANDA” kikaba cyaragiye hanze mu kwezi kwa gatatu mu 2021. iyi ni Intsinzi Tv.Uwaguteguriye Iki kiganiro ni BIZIMANA Christian.naho jye ugiye kukikugezaho ndi ERIC SAFARI.Mbahaye Ikaze.

Ku Itariki 6 GICURASI 1994 Jenoside yarakomeje Hagamijwe gutsemba abatutsi bose nta numwe usigaye Uwo munsi rero interahamwe zakanguriwe gukomeza Jenoside,Ndetse uwo munsi umuryango w’abibumbye ukomeza gutererana Abatutsi bicwaga.

Icyo gihe Leta y’abicanyi yiyse iyabatabazi yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi yakomeje kwica no gukangurira interahamwe kwihutisha ubwicanyi byose byaciye kuri Minisitiri w’intebe Jean Kambanda wavugiye kuri Radio Rwanda ashishikariza Interahamwe kwica cyane.ati “Dufite abagabo, amasasu, Leta ishyize hamwe, ingabo zishyize hamwe kandi tugomba gutsinda. Buri wese agomba gufata intwaro kandi
kugira intwaro zihagije ni kimwe mu byo Leta ishyizeho umutima kabone n’iyo ibindi byose bituruka mu mahanga byahagarara.”

Kuri iyi tariki, Radio Rwanda yashyizemo ijambo ryose Kambanda yari yavugiye ku Kibuye tariki 3 gicurasi 1994 asaba ko Jenoside yihutishwa hose mu gihugu no ku Kibuye by’umwihariko. Iryo jambo ryongeye kunyuzwa kuri Radio Rwanda ku wa 09 gicurasi 1994, bikaba byerekana uburemere bw’ubutumwa bwari
bukubiyemo mu kwihutisha Jenoside.

Kandi nkuko nabikubwiye uwo munsi Akanama gashinzwe amahoro ku isi kiyambuye inshingano zako zo kubungabunga amahoro ku isi no gutabara igihe Leta y’abicanyi yakoraga Jenoside kuko kuriyo Tariki ya 6/5/1994 ibihugu bidafite icyacaro gihoraho bya Espagne, New Zeland, Argentina na Czech Republic batanze umushinga wo guha ingufu za gisirikari mu Rwanda.
Bimwe mu bihugu bifite icyicaro gihoraho mu Kanama gashinzwe
amahoro ku isi byarabyanze ahubwo hatangwa igitekerezo ko ibibazo by’U Rwanda bigomba gusuzumwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (OUA).Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Boutros-Boutros Ghali
yandikiye Perezida wa Misiri Marchal Hosni Mubarak wagombaga kuba Perezida w’uwo muryango.

Mubarak nawe yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa OUA, Salim Ahmed Salim amusaba ko ibihugu byo ku mugabane w’Afurika byashaka ingabo zakoherezwa mu Rwanda. Salim Ahmed Salim yasubije Perezida Mubarak ko Afurika itashobora guhangana n’icyo kibazo kubera ubwicanyi bwakorerwaga mu Rwanda, ko Umuryango w’Abibumbye ariwo ufite ububasha bwo gukoresha ingufu za politiki no gushaka inkunga ikenewe kugira ngo hagire igikorwa mu Rwanda. Yongeraho ko igihe cyose ibibazo nk’ibi byabayeho aribwo buryo bwakoreshejwe mu kubikemura.Nuko amahanga yakomehe Guhanahana Inshingano buri wese azikuraho nyamara abatutsi bo barimo bicwa mu iyicarubozo rihambaye.
Категория
Об Онкологии
Комментариев нет.